M23 irigamba gufata ibindi bice muri Lubero

M23 irigamba gufata ibindi bice muri Lubero

 Dec 17, 2024 - 12:45

Umutwe witwaje intwaro wa M23 uhanganye n'ingabo za Congo-Kinshasa FARDC, uravuga ko wafashe agace ka Alimbongo muri Lubero nyuma yo gushushubikana Ingabo za Leta.

Kuri uyu wa Mbere nibwo abavugizi ba M23 batangaje amakuru yo gufatwa kwa Alimbongo. Lt.Col Willy Ngoma umuvugizi mu bya gisirikare na Lawrence Kanyuka mu bya Politike nibo bemeje aya makuru. 

Lt.Col Willy Ngoma yatangaje ko nyuma yo gufata Matembe, Vutsumbiro na Alimbogo naho hari mu biganza byabo.

Ku Cyumweru tariki ya 15 Ukuboza 2024 nibwo M23 yari yafashe agace ka Matembe nako kari muri Lubero. 

M23 na FARDC bamaze igihe bahanganiye muri iyi Teritwari ya Lubero iherereye mu Ntara ya Kivu y'Amajyarugu, aho uyu mutwe ukomeje kwirukana ingabo za Leta.

Willy Ngoma na Kanyuka bavuga ko ingabo za Leta zasize intwaro ziriruka bagaseka cyane Gen Kabundi Innocent wari uyobonye izi ngabo za FARDC muri Alimbogo. 

Iyi mirwano ikomeje nyuma y'uko u Rwanda rwanze kujya mu biganiro bya Luanda byari kubahuza na DRC, ariko rwo rukavuga ko DRC yanze kubahiriza amasezerano yo kurwanya FDLR n'izindi ngingo.