Nk’uko bitangazwa n’itangazamakuru ryo muri Amerika, uwo mugore avuga ko yakorewe ihohoterwa ryo mu mutwe, iry’umubiri ndetse n’irishingiye ku gitsina, mu gihe yakoranaga na Uzi, cyane cyane ubwo bari mu ngendo z'ibitaramo n’ibihembo bitandukanye bya muzika.
Biravugwa kandi ko bamwe mu banyamuryango ba Roc Nation, kompanyi isanzwe ishinzwe gucunga ibikorwa bya Lil Uzi Vert, baba baragize uruhare cyangwa bakirengagiza ibyo bikorwa by’ihohoterwa, aho batigeze babigiraho icyo bakora.
Uwo mugore yahisemo kuregera urukiko, asaba ko ahabwa ubutabera ndetse n’indishyi z’ibyo avuga ko yahuye na byo.
Kugeza ubu, uruhande rwa Lil Uzi Vert ntiruratanga igisubizo ku birego bimuregwa, mu gihe abamukurikirana mu by’amategeko bakomeje kuganira n’abahagarariye Roc Nation kugira ngo hamenyekane ukuri ku byavuzwe.
Lil Uzi Vert yajyanwe mu nkiko n'umugore bahoze bakorana
Lil Uzi Vert arashinjwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina
