Kim Keon Hee yakatiwe n'urukiko nyuma yo guhamwa n'ibyaha yaregwaga

Kim Keon Hee yakatiwe n'urukiko nyuma yo guhamwa n'ibyaha yaregwaga

 Jan 28, 2026 - 22:52

Urukiko rwa Koreya y’Epfo rwakatiye Kim Keon Hee, umugore wa Perezida wahoze ayobora iki gihugu Yoon Suk Yeol, igifungo cy’amezi 20 (umwaka umwe n’amezi umunani) nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwakira ruswa.

Nk’uko byatangajwe n’urukiko, Kim Keon Hee yahamijwe icyaha cyo kwakira ruswa n’impano zifite agaciro kanini zaturukaga ku bantu bafitanye isano n’Itorero rya Unification Church.

Urukiko rwemeje ko hari ibimenyetso bihagije bigaragaza icyaha cya ruswa, ariko ruhindura imyanzuro ku bindi byaha yari akurikiranyweho, birimo gukoresha nabi izina rye mu gushakira abandi inyungu (influence peddling) no kurenga ku mategeko agenga imari ikoreshwa muri politiki, bitewe n’uko ibimenyetso byabyo bitari bihagije.

Iki cyemezo cy’urukiko cyakiriwe mu bihe byakomeje kuvugwamo ruswa n’imikorere mibi y’abantu bakomeye muri politiki ya Koreya y’Epfo, kikaba cyongeye gukurura impaka ndende mu baturage ku bijyanye n’ubutabera n’uruhare rw’imiryango ifite ijambo rikomeye mu miyoborere y’igihugu.

Kim Keon Hee ntiyahise agira icyo atangaza ku mugaragaro nyuma y’iyi myanzuro, mu gihe itsinda ry’abamwunganira ryatangaje ko riri kwiga ku buryo ryajuririra iki cyemezo.