Juma Jux yavuze itandukaniro riri hagati y’umukunzi we Priscilla Ajoke bakundana ubu n’abo bakundanye mbere, asobanura ko uyu mukunzi we atagira amahano kandi yakiriwe neza iwabo.
Jux yabivuze mu kiganiro yakoze ku wa Kabiri tariki ya 26 Ugushyingo 2024, asobanura ko n’ubwo bimeze gutyo bitavuzwe ko urukundo rw’ahashize rutari mwiza, gusa ngo kuri Priscilla bitandukanye n’abandi.
Yagize ati:”Ndashimira cyane Imana ku rukundo rwose nanyuzemo, abakobwa bose nagize mu bihe byashize, buri wese yari afite inyungu ze kandi hari icyo yampaye kandi yanyigishije, ku buryo ntashobora kuvuga ko hari umuntu wari urenze undi.“
Ariko hamwe n’uyu(Priscila), ndatekereza ko abantu bamwakiriye neza kuko ku mbuga nkoranyambaga no mu muryango, kandi mwabonye uko nakiriwe mu muryango we, ntabwo nari narigeze nakirwa kuriya.
Umuryango wamwakiriye kandi muzi ko bashiki bacu bazi kwitegereza umuntu, by’umwihariko ababyeyi bacu bazi gucishamo umuntu ijisho rero kuba baragumanye nawe akanya, bivuze ko bamukunze.”
Umubano hagati yabo watangiye mu ntangiriro za Kanama kuko urukundo rwabo rwateye imbere kandi rukurura ku mbuga nkoranyambaga muri Tanzania ndetse no hanze, nyuma yuko Jux ajyanye na we ku mucanga wo muri Nigeria.
Twabibutsa ko mbere yuko Jux akundana na Priscilla, yakundanaga na Karen Bujulu. Priscilla Ajoke Ojo yagaragaye bwa mbere na Jux ku ya 19 Nyakanga 2024 kuri kimwe mu bibuga by’imyidagaduro i Dar es Salaam.
