Jadon Sancho akomeje kwigizwa hirya ya Old Trafford

Jadon Sancho akomeje kwigizwa hirya ya Old Trafford

 Nov 7, 2023 - 15:16

Nyuma yo guhagarikwa ku gukoresha ibikorwaremezo bya Manchester United, kuri ubu uyu mwongereza yakuwe muri group ya Whatsapp y'abakinnyi b'iyi kipe.

Jadon Sancho yakuwe muri group ya Whatsapp umutiza Erik Ten Hag n'abamwungiriza banyuzamo ubutumwa bw'ingenzi, iyo bashaka kugira icyo batangariza abakinnyi bo mu ikipe ya mbere ya Manchester United.

Ibi bibaye nyuma y'igihe gito uyu mwongereza abujijwe kwitozanya n'ikipe ya mbere ndetse akabuzwa no gukoresha ibikorwa by'ikipe harimo nka kantine na restaurant, ndetse akaba yaranahawe aho kwambarira hatandukanye n'aho abandi bakinnyi bo mu ikipe ya mbere bambarira.

Uyu musore w'imyaka 23 yitoza wenyine kuva ku mukino ikipe ya Manchester United yatsinzwemo na Arsenal ibitego 3-1, ari nawo wazamuye umwuka mubi hagati ye n'umutoza Erik Ten Hag.

Uyu mutoza w'umuhorandi nyuma y'umukino yabajijwe impamvu atitabaje uyu musore avuga ko atitoje neza muri icyo cyumweru, mu gihe Sancho nawe yagiye ku mbuga nkoranyambaga akavuga ko imyitozo yayikoze neza ahubwo azira ibindi birimo n'itoneshwa rya bamwe mu bakinnyi bakinana.

N'ubwo Sancho yaje gusiba ibyo yari yanditse ku mbuga nkoranyambaga, ariko yasabwe gusaba imbabazi umutoza Ten Hag, ibintu byakomeje gusa nk'ibigoranye kuri uyu musore wataka anyuze ku ruhande rw'iburyo n'ibumoso rimwe na rimwe.

Sancho akomeje kugorwa no kudasaba imbabazi umutoza