Ibya Diamond n'abagore be bikomeje kuba muzunguruka

Ibya Diamond n'abagore be bikomeje kuba muzunguruka

 Mar 21, 2023 - 13:35

Nyuma y'uko mu minsi ishize Diamond yihakanye Zuchu ariko iminsi ikabatamamaza, nyuma akagaragara arimo abyina ingwatira na Zari Hassan, hongeye gusakara amashusho Diamond yishimanye na Tanasha Donna bahoze bakundana.

Diamond Platnumz, umunya Tanzania wabyaranye na Tanasha Donna wo muri Kenya bakomeje guhamya ko aho iminsi y'urukundo yaciye hadaca ururwango.

Byatewe no kubona amashusho y'aba bombi bishimanye  bameranye neza n'umwana wabo.

Ni amashusho agaragaza Tanasha Donna ari kumwe n'umwana we Nassib Junior mu ntebe yo hirya hagaragara Diamond Platnumz aryamye.

Ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Tanzania bikomeje guhamya ko ari mu rugo kwa Diamond Platnumz ndetse ko Tanasha Donna yari yamusuye.

Hakaba hibazwa niba baba bari mu biganiro byo kwiyunga cyane ko ubwo batandukanaga, Diamond Platnumz yavuzeko yari yiteguye kumushaka, gusa bikaba biteye urujijo kuko bikekwa ko Diamond Platnumz yaba akundana na Zuchu urukundo rw'ibanga.

View this post on Instagram

A post shared by The Choice (@thechoice_live)