Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yabwiye The New Times ko itabwa muri yombi ryabo ryaturutse ku kuba bari barenze ku mabwiriza barenza amasaha yo gutaha (kuva mu kabari), abashinzwe umutekano baza kubafata babata muri yombi n'abandi b'inshuti zabo bari kumwe.
Nyuma yo kubata muri yombi baje kubapima, ibipimo byerekana ko bakoreshaga n'ibiyobyabwenge.
Kuri ubu aba bombi bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Remera.
Ariel Wayz yatawe muri yombi acyekwaho gukoresha ibiyobyabwenge.
Babo yatawe muri yombi acyekwaho gukoresha ibiyobyabwenge.
