Izina Muhammad ryabaye amahitamo akomeye ku mazina babyeyi bita abana babo b’abahungu mu gihugu cy’Ubwongereza na Wales mu 2023, aho abana barenga 4,600 bybiswe iryo zina.
Nk’uko ibiro bishinzwe ibarurishamibare mu Bwongereza (ONS) bibitangaza ngo iri zina riri mu mazina 10 yiswe abana cyane kuva mu 2016, gusa kugeza ubu ryafashe umwanya wa mbere risimbuye , Noah.
Icyakora hari ibice bimwe na bimwe bitakoresheje iri Zina cyane, gusa muri rusange iri zina niryo rigezweho mu Bwongereza.
Ayandi mazina akomoka cyangwa se afitanye isano n’iryo Zina nka Mohammed na Mohammad n’ayo ari ku rutonde rw’amazina 100 akunzwe cyane ku bana ba bahungu byagera mu Bwongereza bikaba akarusho.
