Umukinnyi w’ikipe ya PSG, Ashraf Hakimi uri muri Tanzania mu biruhuko asura ahantu nyaburanga hatandukanye, abinyujije mu kigo cye 'Achraf Hakimi Foundation' yahaye inkunga abanyeshuri batishoboye bo muri Arusha.
Ari kumwe n’uwamwakiriye, Perezida wa Yanga Africans, Hersi Said, uyu munsi ku ya 27 Kamena, Hakimi yasuye ishuri ry’abana bafite ibibazo byihariye rya 'Patandi Sekondari' maze atanga ibikoresho bitandukanye birimo mudasobwa 50, imashini zitwka n’ibindi.
Byongeye kandi, ubwo yatangaga ibikoresho, uyu myugariro yashimiye Perezida wa Yanga, Eng. Hersi Said ko ari umuntu udasanzwe mu rugendo rwe.
Yagize ati:"Nishimiye kuba ndi kumwe nawe ndetse no kuba ndi mu biruhuko hano muri Tanzania. Naganiriye n’umuvandimwe wanjye Hersi ubwo twahuriraga i Paris kandi yagize uruhare rukomeye mu rugendo rwanjye hano muri Tanzania. Mbikuye ku mutima, ndashaka kuboneraho umwanya wo gushimira abantu bose bakora akazi gakomeye ko kurera aba bana kandi ndizera ko umunsi umwe nzagaruka.”
Byari ubwa mbere ikigo cya Hakimi gitanga inkunga hanze yigihugu cye cya Morocco.
