Hari umukinnyi amakipe akomeye ku isi ari kurwanira

Hari umukinnyi amakipe akomeye ku isi ari kurwanira

 Nov 26, 2021 - 10:06

Erling Haaland yifuza kujya muri Real Madrid ubwo azaba avuye muri Borussia Dortmund.

Amakuru yasohotse avuga ko mu 2022 ubwo Erling Haaland yaba avuye muri Borussia Dortmund yahitamo kujya muri Real Madrid.

Nyuma yo kuva muri RB Salzburg yerekeza muri Borussia Dortmund muri Mutarama 2020, Haaland ubu ni umwe muri ba rutahizamu bifuzwa n'amakipe menshi dore ko amaze gutsindira Dortmund ibitego 70 mu mikino 69 amaze kuyikinira mu marushanwa yose.

ErlingHaaland akomeje kwifuzwa(Image:Marca)

Goal.com yatangaje ko uyu musore yaba ari kwerekeza mu ikipe ya Real Madrid n'ubwo amakipe yo mu Bwongereza arimo Manchester United,Liverpool,Chelsea na Manchester City zimwifuza.

Mu 2022 mu mpeshyi amasezerano ya Erling Haaland avuga ko uzanye miliyoni 63 z'amapawundi umushaka wamubona.

Bikomeza kuvugwa ko Erling Haaland yaba yarabwiye abantu be ko kujya mu ikipe ya Real Madrid ariyo mahitano ya mbere kuri we ubwo azaba avuye muri Borussia Dortmund.

Mino Raiola ushinzwe kumushakira isoko aherutse gutangaza ko uyu musore agira inzu muri Espagne ariko kuba Real Madrid ishaka kuzana Kylian Mbappe bishobora kuba ikibazo.

Haaland na Mbappe bashobora kudakinana(Net-photo)

Ikijyanye n'ubukungu ku mafaranga yahembwa aba basore bombi gishobora kugora Real Madrid kuko bose bazasaba amafaranga ahanitse. Ndetse kuba bombi babona ko ari abakinnyi bagiye kuyobora ruhago y'isi bishobora gutuma batajya mu ikipe imwe.

Ibyo bishobora gutuma Erling Haaland ahindura akareba mu makipe yo mu Bwongereza amwifuza akareba iyo yajyamo ijyanye n'ibyifuzo bye.

Gusa ubuyobozi bw'ikipe ya Borussia Dortmund bwo bukomeza kuvuga ko buzakora ibishoboka byose uyu musore akaguma i Signal Iduna Park mu Budage.