Birababaje! Umutima watumye igikombe cya Afurika cyirangira kuri Aubameyang

Birababaje! Umutima watumye igikombe cya Afurika cyirangira kuri Aubameyang

 Jan 17, 2022 - 12:44

Rutahizamu w'umunya-Gabon Pierre Emerick Aubameyang agiye gusubira mu Bwongereza kuko atemerewe gukina kubera ikibazo afite cy'umutima.

Ikipe y'igihugu ya Gabon yamaze gutangaza ko bamaze kohereza Pierre-Emerick Aubameyang mu rugo adakinnye umukino n'umwe kuva igikombe cya Afurika cyatangira.

Aubameyang yabuze mu mukino wa mbere Gabon yahuyemo na Comoros kubera ko yari yarwaye Covid-19. Byari biteganyijwe ko uyu musore yari gukina umukino wahuje Gabon na Ghana ariko bapimye basanga uyu rutahizamu wa Arsenal afite ikibazo cy'umutima.

Ubu ngubu uyu rutahizamu yamaze kwemererwa gusubira muri Arsenal ngo akorerwe ibindi bizamini byisumbuyeho ngo hemezwe ko koko uyu mugabo yaba arwaye umutima ndetse hanarebwe urugero uburwayi bwe bwaba buriho.

Mario Lemina nawe yari yasibye imikino ibiri ya mbere ya Gabon kubera impamvu nk'iza Aubameyang ndetse ubu nawe yamaze kwemererwa gusubira mu ikipe ye ya Nice ngo akorerwe ibizamini byisumbuyeho.

Aubameyang na Lemina bari bagarutse mu myitozo bitegura umukino na Ghana nyuma yo gukira Covid-19 ndetse umutoza wa Gabon witwa Patrice Neveu yavuze ko barekuwe ngo hakorwe amasuzuma atakorwa muri iki gihe bari mu irushabwa.

Patrice Neveu yagize ati:"Kuva ejo umwanzuro warafashwe ko boherezwa mu makipe yabo.

"Ntabwo twahita duca urubanza hano, ntabwo twakora isuzuma ryimbitse hano.

"Birakwiye ko Mario Lemina asubira muri Nice na Aubameyang agasubira muri Arsenal. Ntabwo dufite abakinnyi nk'aba Nigeria cyangwa Morocco, kandi turabizi ko turi mu irushanwa rikomeye."

Aho bigeze aha ikipe ya Gabon ifite ikizere kinshi cyo gusohoka mu matsinda dore ko bafite amanota ane mu itsinda C, Gabon ni iya kabiri inyuma ya Morocco ya mbere ifite amanota atandatu.

Aha kandi n'iyo Gabon yabura umwanya wa kabiri ishobora kuzamuka mu makipe ane azahabwa amahirwe yo kuzamuka mu makipe azaba yaragiye aba aya gatatu mu matsinda yayo.

Aubameyang arasubira muri Arsenal(Image:Mirror)

Ikipe y'igihugu ya Gabon iri kwitwara neza(Net-photo)