Icyorezo cya Covid-19 cyageze mu Rwanda mu 2020 gihagarika ibikorwa byinshi ariko kubera ingamba zo kwirinda iki kinyagwa byagaragaye ko cyagiye gicisha macye ubuzima butangira gusubira mu buryo.
Gusa hashize iminsi ku isi hose humvikana inkuru zitandukanye za virusi ya Covid-19 yihinduranyije yitwa Omicron ikaba yagarukanye imbaraga n'imbaduko kurenza uko abantu bari bayiteze.
Iyi Omicron rero no mu Rwanda imaze iminsi ihageze ndetse imibare ikaba iri kwiyongera uko bwije n'uko bukeye. Muri siporo byatangiye Minisiteri ya siporo ibuza abafana kugaruka ku bibuga dore ko hari hashize iminsi abafana bongeye kwemererwa kureba imipira ku bibuga bitandukanye.
Ibi byatumye rero abakunzi ba ruhago mu Rwanda bagira impungenge ko n'imikino muri rusange ishobora guhagarikwa kubera iyi Covid-19 yihinduranyije none koko byarangiye ibyakekwaga bibaye impamo kuko ubu shampiyona yamaze gusubikwa.
Ni itangazo ryashizwe ahagaragara na minisiteri ya siporo mu Rwanda ariyo MINISPORT ribuza ibikorwa bya siporo bitandukanye mu Rwego rwo kwirinda iki cyorezo cya Omicron ariyo Covid-19 yihinduranyije.
Aya mabwiriza agena ko hazakomeza siporo y'umuntu ku giti cye ndetse n'izikorerwa hanze abantu bategeranye, ubwo aha twavuga nko kwiruka.
Amabwiriza kandi avuga ko imyitozo y'amakipe ndetse n'amarushanwa ategurwa n'ingaga asubitswe. Aha niho hazamo nka shampiyona itegurwa na FERWAFA.
Gusa aya mabwiriza ateganya ko imikino ikipe y'igihugu Amavubi yo izaba dore ko ikipe y'igihugu ya Guinea Conakry bazakina iyo mikino ya gicuti yo yamaze kugera mu Rwanda.
Aya mabwiriza azamara iminsi 30 babone kongera kuyavugurura. Ubwo birumvikana ko mu kwezi kwa mbere kwa 2022 kose nta mikino irimo hano mu Rwanda.
Itangazo MINISPORT yashyize hanze
Sampiyona ya Primus National League yasubitswe(Image:Rwanda Magazine)
