Lionel Messi w'imyaka 34 aherutse kuva muri FC Barcelona yari amazemo imyaka myinshi yerekeza muri PSG yo mu Bufaransa mu mpeshyi ishize.
Gusa uyu munya-Argentine wagiyeyo yitezweho ibitangaza, kugeza kuri ubu ntarahirwa n'iyi kipe kuko amaze gutsinda igitego kimwe gusa muri shampiyona ya Ligue 1.
Gusa n'ubwo yatsinze igitego kimwe muri shampiyona, ku ruhando rw'umugabane w'Uburayi ho si bibi kuko yabashije gutsinda ibitego bitanu muri UEFA champions league muri uyu mwaka w'imikino.
Umugabo w'imyaka 62 witwa Lobo Carrasco wahoze akinira FC Barcelona we atangaza ko intsinzi aricyo kintu PSG ikeneye kugira ngo ibashe kugumana Lionel Messi mu mpeshyi ya 2022.
Carrasco yabwiye El Shiringuito TV ati:"Messi azahora akumbura ububasha yari afite muri FC Barcelona.
"Nagera ku ntsinzi, bivuze gutwara champions league, ashobora kongera kuhaguma kwe byibuze undi mwaka.
"PSG nidatwara champions league, uyu mwaka uzayibera muremure cyane.
"Mu kibuga sintekereza ko yicuza ku mwanzuro yafashe, ariko ku buzima bwe bwite nizera ko yabibonye(yakoze ikosa)"
Lionel Messi yagiye mu ikipe ya PSG mu mpeshyi ishize ya 2021 kuko ikipe ya FC Barcelona itari igishoboye kumutunga n'amadeni menshi yayizonze.
Ku ruhande rwa Kylian Mbappe we amasezerano ye ari kugana ku musozo kuko azarangira mu kwezi kwa gatandatu kwa 2022. Uyu musore birazwi ko yifuza kujya muri Real Madrid yo muri Espagne.
Aho ibintu bigeze Kylian Mbappe yemerewe kuvugana n'ikipe yose ashaka kuko asigaje amezi atandatu ku masezerano ye mu ikipe ya PSG.
Gusa umutoza wabo nawe ntazasigara. Umunya-Argentine Mauricio Pochettino nawe aravugwa ku muryango n'ubwo nta gihe kinini gishize yinjiye muri iyi kipe.
Uyu mugabo yifuzwa na Manchester United cyane ndetse mu mpeshyi umutoza Ralf Rangnick azaba ari gusoza amasezerano y'amezi atandatu yasinye muri iyi kipe.
Bivuze ko Mauricio Pochettino ariwe wifuzwa kuba yasimbura Ralf Rangnick ndetse umunyamakuru wa RMC witwa Daniel Riolo we akemeza ko mu mwaka utaha Zidane ariwe uzatoza PSG.
Lobo aremeza ko PSG nidatwara champions league Messi azayivamo(Image:Daily Sabah)
Kylian Mbappe nawe ari mu nzira zisohoka muri PSG(Image:Team talk)
Pochettino ashobora gusimburwa na Zidane(Net-photo)
