Manchester United igiye gutangaza umutoza wayo mushya

Manchester United igiye gutangaza umutoza wayo mushya

 Apr 6, 2022 - 14:35

Amakuru ava mu Bwongereza aravuga ko haba hasigaye iminsi mike ikipe ya Manchester United igatangaza ko Erik Ten Hag ariwe mutoza wayo mushya.

Bikomeje kuvugwa ko ibiganiro hagati y'umuhorandi Erik Ten Hag na Mancheste United biri kugana ku musozo, ndetse uyu mugabo akaba yaratangiye kwegeranya itsinda ry'abazamufasha ubwo azaba ahawe iyi kipe yo mu Bwongereza.

Uyu mutoza wa Ajax Amsterdam yakomeje kuvugwa mu batoza bashobora gutoza Manchester United mu mwaka utaha w'imikino, ndetse Sky sports yongeye gutangaza ko bari mu biganiro bya nyuma.

Biravugwa ko uyu mugabo w'imyaka 52 ari gushaka ko mu bazamwungiriza haba harimo uwanyuze muri Manchester United, ndetse ubu haravugwa Ruud Van Nisterlooy, Robin Van Persi na Jaap Stam.

Ruud Van Nisterlooy aherutse kugirwa umutoza w'ikipe ya PSV Eindhoven mu Buhorandi, bigaragara ko byagorana guhita asohokamo. Van Persi nawe ari gutoza abana batarengeje imyaka 16 muri Feyenoord, Jaap Stam ubu niwe udafite akazi muri abo bose.

Erik Ten Hag ategerejwe muri Manchester United(Net-photo)

Undi mugabo bivugwa ko ashobora kuba umutoza wungirije muri Manchete United ni muzehe Steve McClaren wanabanye na Sir Alex Ferguson mu 1999-2001. Ten Hag kandi yabanye na McClaren mu ikipe ya FC Twente aho Ten Hag yari umutoza wungirije McClaren.

Bikomeje kuvugwa ko kwemeranya hagati ya Erik Ten Hag byo byamaze kurangira, bikaba biteganyijwe ko azasinya amasezerano y'imyaka itanu ndetse uyu mugabo akaba aratangazwa mu minsi ya vuba, akazafata iyi kipe ubwo umwaka w'imikino uzaba urangiye ivuye mu maboko ya Ralf Rangnick.