Nyuma y'uwo mukino, umutoza Maresca yagaragaje akababaro gakomeye ku cyemezo cyo guhagarika umukino amasaha abiri, avuga ko ibi bitesha agaciro umukino w’amaguru.
Yagize ati:“Ibi ni urwenya, ntabwo bishoboka na gato. Guhagarika umukino amasaha abiri… ibi si umupira w’amaguru. Ibi ntabwo byemewe mu mukino wacu”.
Yemeza ko n’ubwo impamvu zo guhagarika umukino zishingiye ku mutekano, bidakwiye gukomeza gutegurira imikino ahantu hadatekanye ku buryo bibangamira imigendekere myiza yayo.
Yagize ati:“Ndubyumva umukino wahagaritswe ku mpamvu z’umutekano, ariko ahantu nk’aha ntabwo habereye gukinirwa umupira nk’uyu. Bantu banjye, si umupira w’amaguru guhagarika umukino amasaha abiri”.
Maresca yavuze ko iyo umukino uhagaze igihe kirekire, ibyo bigira ingaruka zikomeye ku bakinnyi n’imyitwarire yabo mu kibuga.
Kuri ngingo yagize ati:“Twabonaga abantu baseka, bari kurya, abandi ku matelefoni yabo. Ntibiba bikiri umukino umwe nyuma y’amasaha abiri. Si ibisanzwe kurangiza iminota 85 utarinjizwa igitego, noneho wagaruka mu kibuga ugatangira ugatangira kwinjizwa.”
Yasoje asaba abategura imikino n’inzego zibishinzwe kugenzura ibibazo biri gutuma imikino ihagarikwa kenshi, avuga ko ikibazo kimaze gufata intera.
Yagize ati:“Niba imikino itandatu cyangwa irindwi ihagarikwa, bivuze ko hari ikitagenda neza koko.”
Ibi byatangajwe mu gihe impaka zikomeje kwaduka mu mupira w’amaguru, cyane cyane ku bijyanye n’uburyo umukino ugenzurwa mu gihe habaye ibibazo by’umutekano cyangwa ibindi bibazo bibangamira imyanzuro ya tekiniki.
Enzo Maresca yanenze bikomeye ibirimo kubera mu gikombe cy'isi
Ikipe ya Chelsea yanyagiye Benifica ibitego 4-1 nyuma yo kunganya bakifashisha extra time
Chelsea yageze muri 1/4 mu mikino y'igikombe cy'isi cy'ama-club
Umukino wa Chelsea wahagaritswe amasaha arenga abiri nyamara wari wageze ku munota wa 85 Chelsea ifite igitego
