Mu mukino ubanza wa kimwe cya kane wa UEFA Champions league ikipe ya Liverpool yabashije gutsinda Villarreal ibitego 2-0. Ni ibitego byose Liverpool yabonye mu gice cya kabiri kuko igice cya mbere cyari cyarangiye ari ubusa ku busa.
N'ubwo ikipe ya Liverpool yishyize mu mwanya mwiza wo kuba yakuramo ikipe ya Villarreal, umutoza wayo Unai Emery we yavuze ko Liverpool itazoroherwa nigera ku kibuga Estadio de la Ceramica cya Villarreal muri Espagne.
Unai Emery yabwiye BT Sport ati:"Basunitse cyane bari bakwiye gutsinda. 2-0 ni itandukaniro ryiza kuri bo. Ariko tuzagerageza gukora ibitandukanye mu rugo hamwe n'abafana bacu. Umukino wo mu cyumweru gitaha uzaba utandukanye n'iri joro.
"Ni ingenzi cyane mu cyumweru gitaha kugerageza guhindura ikintu mu rugo, wenda amayeri y'umukino. Ndatekereza ko muri Villarreal bazahangayika kurenza iri joro."
Liverpool yaburiwe ko izahangayikira muri Espagne(Image:The Independent)
Villarreal ni ikipe yatunguye benshi cyane muri uyu mwaka w'imikino mu mikino ya UEFA Champions league. Kuva bagera mu mikino yo gukuranwamo yabashije gukuramo amakipe akomeye ariyo Juventus na Bayern Munich, kandi iyakuramo idatsinzwe umukino n'umwe.
Ku rundi ruhande n'ubwo Liverpool ifite impamba y'ibitego bibiri ku busa, umutoza wayo Jurgen Klopp nawe yatangaje ko bazajya muri Espagne agiye gukomeza guhangana kugira ngo ayobore ikipe ye ku mukino wa nyuma.
