Mu ijoro ryo ku ya 24-25 Gicurasi 2025, Uburusiya bwagabye ibitero bikomeye kuri Ukraine hakoreshejwe misile na drone, ibitero byahitanye abantu 12, barimo abana batatu, abandi benshi barakomereka.
Ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine zavuze ko ibyo bitero birimo misile 69 na drones 298, gusa inyinshi muri zo zahagaritswe zitaragira icyo zangiza.
Ukraine yongeye gushorwa n'u Burusiya
Ibi bibaye mu gihe Uburusiya na Ukraine byarimo guhererekanya imfungwa z’intambara, aho abasirikare 307 baturutse impande zombi basubizwa mu rugo binyuze mu masezerano yatangiye gushyirwa mu bikorwa nyuma y’ibiganiro byabereye I Istanbul, bigizwemo uruhare na Perezida wa Amerika, Donald Trump.
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yashinje Uburusiya gutera mu gihe cy’amahoro, avuga ko iki cyemezo cyerekana ko nta mu gambi nyawo uhari wo guhagarika intambara.
