Ni Shampiyona ya Espanye iri bube yakomeje aho Fc Barcelona itari mu bihe byiza igiye guhura na Atlético Madrid ziri mu zihanganiye igikombe cya LaLiga Santander.
Ni umukino Fc Barcelona igiye gukina nyuma y’uko iherutse gutsindwa na Benfica yo muri Portugal ibitego 3-0 byaje gushyira ku gituti Umutoza Ronald Koeman bituma umukino ukomera kuko Fc Barcelona ikeneye gutsinda uwo mukino kugirango yongere kwiyunga n’abafa.
Umuyobozi mukuru wa Fc Barcelona Joan Laporta yabajijwe niba batekereza kwirukana uyu mutoza hanyuma asubiza ati“ oya ntacyo uyu mukino uri buhindure kuhazaza ha Ronald Koeman kuko aracyafite amasezerano kandi ni umutoza twishimiye".
Akomeza avuga ati”Ronald Koeman akwiriye icyubahiro kuko ni umunyabigwi rero mumuhe igihe kandi twishimiye ibyo arimo gukora muri Fc Barcelona".
Abafana ba Fc Barcelona bakomeje kwibaza niba bazakomeza kwihanganira gutsindwa. Ni mugihe baba batsinzwe na Atlético Madrid ya Luis suárez wahoze muri iyi kipe ikamwirukana ivuga ko adashoboye nyamara yaragiye agatwara igikombe cya LaLiga Santander.
Luis Suárez na Antoine Griezmann bagiye guhura na Fc Barcelona bahoze bakinira bombi.
Uyu mukino uratangira ku isaha ya satatu z’ijoro urabera kuri sitade ya Atlético Madrid Wanda metropolitano.
