Umuhanzi The Ben, yagize icyo avuga ku bakomeza kumugereranya na Bruce Melodie, yemeza ko nta kibazo na gito abibonamo, kuko ari bimwe mu bigize imyidagaduro, kandi akaba ari n’amarangamutima y’abafana.
The Ben yatangaje ko nta cyo bimutwaye kumugereranya na Bruce Melodie
Ibi yabigarutseho ubwo yaganiraga na radiyo KISS FM ku munsi w’ejo ku wa Gatanu, ubwo yabazwaga uko afata kuba abantu bamugereranya na Bruce Melodie, nyamara bataratangiriye umuziki rimwe.
Yagize ati:”Njye nta kibazo na gito mbibonamo rwose, kuko ari bimwe mu biryoshya imyidagaduro, ndetse bikayiteza imbere. Mu by’ukuri, abafana bivugira ibintu uko babyumva, kandi ntiwabibakuramo kuko aba ariyo marangamutima yabo.
Icyakora, byaba byiza bagiye babihuza ku buryo butagira ingaruka ku mibanire y’abahanzi, kuko usanga hari ibyo bavuga bikabyara urwikekwe n’umwuka mubi hagati y’abahanzi.”
The Ben avuga ko abafana bemerewe kuvuga ibyo bashaka ariko bitaryanisha abahanzi
Ibi The Ben abivuze nyuma yuko hamaze iminsi hari impaka mu bafana, bibaza urenze undi hagati ye na Bruce Melodie. Yewe, bamwe bagiye banasaba ko hakorwa igitaramo kimeze nko guhangana(battle) kugira ngo hacibwe izo mpaka.
