Tems yakiriye igihembo yegukanye  muri Grammy awards 2023

Tems yakiriye igihembo yegukanye muri Grammy awards 2023

 Jun 4, 2023 - 03:09

Bwanyuma Umuhanzi Terms wo muri Nigeria yakiriye igihembo yegukanye mu bihembo bya Grammy awards 2023 byatanzwe muri Gashyantare.

Umuhanzikazi ukomoka muri Nigeria Temilade Openiyi amazina nyakuri ya Tems, kuri ubu yashyikirijwe igihembo yegukanye mu bihembo bya Grammy awards 2023.

Binyuze kuri Muyiwa Awoniyi uhagarariye inyungu za Tems mu muziki, akaba ari we ku ikubitiro wasohoye ifoto y'igihembo uyu muhanzikazi yegukanye mu mafato yacishije kuri Instagram.

Tems yashyikirijwe igikombe yegukanye muri Grammy awards 2023

Tems ku nshuro ya 65 ibihembo bya Grammy awards bitangwa, akaba yaregukanye igihembo cya Best Melodica Rap Performance.

Iki gihembo akaba yaracyegukanye kubera indirimbo ‘Wait For U’ yafatanyije na Future ndetse n'umuraperi Drake. Iki gihembo bakaba baracyegukanya ku 6 Gashyantare 2023.

Ubwo Tems yegukanaga iki gihembo, akaba yari abaye umuhanzikazi wa mbere wo muri Nigeria utoranyijwe muri ibi bihembo ndetse akanegukana igihembo.

Tems yabaye umugore wa mbere muri Nigeria wegukanye Grammy awards 

Ikindi kandi uyu Tems akaba yari yatoranyijwe no muri Grammy awards ku nshobora ya 64 mu cyiciro cya Best Global Performance category mu ndirimbo ‘Essence’ yari yafatanyije na Wizkid. 

Icyakora icyo gihe ntiyagize amahirwe yo kwegukana icyo gihembo kuko cyatwawe n'Umya- Pakistan Arooj Aftab.