Iyi nkuru yatangajwe ku wa Gatatu tariki ya 30 Nyakanga n’ibitangazamakuru bitandukanye byo mu Bugereki, byemeza ko Perez yakomeretse cyane, ariko ubuzima bwe butari mu kaga.
Abaganga bamaze kumwitaho bamuterera udodo turenze dutandatu kugira ngo bafunge igikomere yagize. Nubwo bitangajwe ko ameze neza muri rusange, birashoboka ko azakenera kubagwa kugira ngo akire neza.
Perez yagize iri sanganya mu gihe yari yitabiriye imyitozo isanzwe y’ikipe ye. Amakuru avuga ko ubwo Perez yabonaga imbwa ebyiri zirimo kurwana, yagerageje kuzitandukanya ariko zimuhindukirana, imwe muri zo ikamuruma ubugabo.
Perez, w’imyaka 26, yamenyekanye cyane ubwo yari mu ikipe ya FC Barcelona, mbere yo kujya gukina mu Butaliyani no mu Bugereki. Mu ikipe ya Aris Thessaloniki, ari mu bakinnyi bitezweho gutanga umusaruro mu mwaka w’imikino uri imbere.
Kugeza ubu, ikipe ya Aris ntiratangaza igihe nyakuri azasubirira mu kibuga, ariko baravuga ko ubuzima bwe buri gukurikiranwa neza kandi yitezwe gukira mu gihe kiri imbere.
Carles Perez yarumwe ubugabo n'imbwa

