Zlatan yifatiye ku gahanga Kylian Mbappe na Ligue1

Zlatan yifatiye ku gahanga Kylian Mbappe na Ligue1

 Nov 3, 2022 - 12:39

Rutahizamu Zlatan Ibrahimovic wakiniye PSG ntiyemeranywa na Kylian Mbappe ushaka kwigaragaza nk'aho arenze PSG nyuma yo gusinya amasezerano mashya.

Zlatan Ibrahimovic yibasiye Kylian Mbappe ku bwo kugerageza kwigira munini kuruta ikipe akinira ariyo PSG, nyuma y'uko ibigize amasezerano mashya ya Mbappe muri PSG bigiye hanze.

Uyu musore w'imyaka 23 aherutse gusinya amasezerano mashya y'imyaka itatu muri Gicurasi, nyuma y'inkundura ikomeye aho PSG yamurwaniraga na Real Madrid yifuzaga kujyamo.

Mbappe aherutse kongera amasezerano muri PSG

Imibare iherutse kujya hanze igaragaza ko Mbappe azatwara PSG miliyoni 540 z'amapawundi muri iyo myaka itatu ndetse akaba yanahabwa miliyoni 180 z'amapawundi mu mwaka wa nyuma.

Usibye akayabo k'amafaranga kandi bivugwa ko mu masezerano ya Mbappe harimo ko azajya agira uruhare mu gufata ibyemezo by'abakinnyi iyi kipe izajya isinyisha n'abo izajya irekura.

Umunya-Sweden Zlatan Ibrahimovic wanyuze muri PSG avuga ko kuva Mbappe yasinya ayo masezerano ashaka kwigira munini cyane akaruta ikipe.

Ibrahimovic yabwiye Canal+ ati:"Mbappe yishyize mu mwanya aho ariwe ngirakamaro cyane kurenza ikipe. Ariko ntabwo uba ukwiye kuruta ikipe kuko utabishobora."

N'ubwo Kylian Mbappe ashinjwa byinshi birimo kwikuza no gusuzugura bagenzi be, uyu musore mu kibuga akomeje gukora neza dore ko amaze gutsinda ibitego 18 mu mikino 18 amaze gukina muri uyu mwaka w'imikino.

Zlatan w'imyaka 41 kandi akomeza avuga ko kuva yava muri shampiyona y'Ubufaransa nta kintu gisigayeyo wavugaho n'ubwo iyi shampiyona irimo Kylian Mbappe, Neymar Jr na Lionel Messi.

Ibrahimovic ati:"Kuva nava mu Bufaransa ibintu byose byagiye hasi, nta kintu bafite cyo kuvugaho mu Bufaransa.

"Ubufaransa burankeneye, nge sinkeneye Ubufaransa. N'ubwo mufite Mbappe, Neymar na Messi ntabwo byabafasha, kuko nta mana mufite[Zlatan]."

Zlatan Ibrahimovic yanyuze muri PSG

Uyu mugabo yageze muri PSG mu 2012 atwaramo ibikombe bine bya shampiyona, ayivamo mu 2016 yerekeza muri Manchester United.

Muri icyo gihe yamaze mu Bufaransa yatsinze ibitego 156 mu mikino 185 yakiniye PSG mu marushanwa arimo Ligue1, UEFA Champions League n'ayandi.

Kugeza ubu Zlatan Ibrahimovic afite imvune ituma adakinira ikipe arimo ariyo AC Milan, ariko byitezwe ko azagaruka mu kibuga muri Mutarama 2023.