Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Ugushyingo 2024, Leta Zunze Ubumwe z'Amerika zatangaje ko ambasade yabo i Kiev muri Ukraine yabaye ifunze kubera kwikanga ibitero b'indege z'Abarusiya.
Bavuze ko abakozi ba ambasade bose bagomba kuguma mu nyubako ntihagire utarabuka, ndetse basaba n'abandi banyamerika bari i Kiev ko nibumva impuruza y'uko hari ibiturika biri mu kirere guhita bajya mu nyubako zo hasi.
Mu gihe ambasade yabo yafunze, ubutegetsi bwa Joe Biden bwatangaje ko bagiye kuboherereza Ukraine ibisasu byo gutega mu butaka bizwi nka Land Mines kugira ngo bibuze ingabo z'Abarusiya gukomeza gutera intambwe yigira imbere ku rugamba.
Iyi myanzuro yose y'ikubagahu kuri Amerika ije nyuma y'uko batanze uburenganzira kuri Ukraine bwo kurasa ku butaka bw'u Burusiya bakoresheje misile zirasa mu ntera ndende nabo bagahita babikora.
Uyu ni umurongo utukura Amerika na Ukraine barenze, nyuma y'uko u Burusiya bubahaye gasopo bakanga, nonene ubu Isi yose itegereje umwanuro u Burusiya bugiye gufata nyuma y'uko barenze nyirantarengwa.
