LeBron James na we yateye umugongo inshuti ye magara P. Diddy

LeBron James na we yateye umugongo inshuti ye magara P. Diddy

 May 20, 2024 - 12:36

Rurangiranwa mu mukino wa Basketball, LeBron James, na we asa n'uwakuye amaboko ku nshuti ye magara, P. Diddy nyuma y'amashusho ye yagiye hanze arimo gukubita uwahoze ari umukunzi we Cassie.

Umukinnyi wa basketball muri NBA, Lebron James, ntabwo ntabwo akiri umwe mu bakurikira P. Diddy ku rubug rwa Instagram nyuma y’amashusho aherutse kujya ahagaragara yerekana uyu muhanzi akubitira uwahoze ari umukunzi we Cassie muri hoteri.

Hejuru y’imanza z’ihohoterwa rishingiye ku gitsina zitameoroheye guhera mu mpera z’umwaka ushize, mu mpera z’icyumweru gishize, tariki ya 18 Gicurasi 2024, hari amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana ko yakubise kandi akabwira amagambo mabi uwahoze ari umugore Cassie. 

P. Diddy inshuti ye magara LeBron James ntabwo ikimukurikira kuri Instagram 

Ni amashusho yerekanwe bwa mbere kuri terevisiyo ya Cnn , aho Diddy yagaragaye akubita Cassie mu maso akamusohora no muri hoteri bari kumwemo i Los Angeles.

Icyakora, nyuma yo gushyira hanze ayo mashusho, umushinjacyaha wa Los Angeles, DA George Gascón yasobanuye neza ko Diddy adashobora gukurikiranwa kubera ayo mashusho, kuko ari ibintu bimaze igihe kirekire.