Iyi kipe bakunze kwita ko ariyo kipe y'abanyamujyi yamenyesheje abanyamuryango bayo ko yahinduye ikirangantego, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa gatanu tariki 18 Gashyantare 2022
Itangazo rya Kiyovu Sports riragira riti:"Nk'uko byemejwe mu nteko rusange iheruka. Ikipe igiye kuyoborwa na Company ya Kiyovu Sports company Ltd. Tunejejwe no kubamenyesha ko ubu ikipe ifite ibirango byihariye. Ibi ntabwo bikuraho ibirango bisanzwe biranga umuryango wa Kiyovu Sports Association. Ahubwo ni ibiranga ikipe."
Kiyovu Sports ni ikipe ikomeje kwitwara neza, dore ko kugeza ku munsi wa 17 wa shampiyona y'u Rwanda iyi kipe yicaye ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw'agateganyo rwa shampiyona aho irushwa amanota abiri gusa na APR FC ya mbere.
Kiyovu Sports kandi iri gutegura umukino wayo ukomeye ku munsi wa 18 wa shampiyona, aho ku cyumweru izakina na Police FC kuri stade ya Kigali i Nyamirambo.
Itangazo Kiyovu Sports yageneye abanyamuryango bayo
Ikirangantego Kiyovu Sports yari isanzwe ikoresha
Ikirangantego gishya cya Kiyovu Sports
Kiyovu Sports iri kwitegura Police FC
