Intambara ihanganishije Israel n'umutwe wa Hamas wo muri Palestine uyobora intara ya Gaza, ikomeje kuba inshoberamahanga ari nako ikomeje kwivugana imbaga y'abanya-Palestine umunsi ku munsi.
Kuri ubu igisirikare cya Israel ADF cyasabye abaturage batuye mu Majyepfo ya Gaza kuhimuka bose bakerekeza hagati muri iyi ntara, nyuma y'uko ibitero bikomeye mu Majyepfo ku bigo by'amashuri bine muri Khan Yunis bihitanye abantu 27 abandi 57 bagakomereka.
Minisitiri w'Ingabo wa Israel Yoav Gallant yatangaje ko nibura 60% by'abarwanyi ba Hamas bishwe abandi bagakomereka guhera tariki ya 07 Ukwakira 2023 ubwo intambara yatangiraga muri Gaza, aho bavuze ko umugambi ari ukarandura burundu uyu muntu.
Ibitero bya Israel ku bigo by'amashuri biri mu mugi wa Khan Yunis, bije nyuma y'uko kuri uyu wa Gatatu muri Qatar hatangiye ibiganiro byo gushaka agahenge hagati 'impande zombi.
Guhera intambara yatangira, abantu 38,295 bamaze kwicwa, mu gihe abandi 88,241 bakomeretse mu Ntara ya Gaza, ari nako abandi 1,139 bo muri Israel nabo bishwe.
