Ikipe y'igihugu ya Ghana yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Ikipe y'igihugu ya Ghana yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

 Sep 22, 2023 - 01:58

Ikipe y'igihugu y'abagore ya Ghana yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 rwa Kigali, mbere yo gusubira iwabo.

Iyi kipe itazirwa abamikazi birabura ba Ghana imaze iminsi mu Rwanda aho yari yaje gukina n'ikipe y'igihugu Amavubi y'abagore mu gushaka itike y'igikombe cy'Afurika, ndetse ikaba yarabonye intsinzi y'ibitego 7-0 mu mukino wabaye ku wa Gatatu tariki 20 Nzeri 2023.

Kuri uyu wa Kane nibwo uyu wa Kane nibwo iyi kipe y'igihugu yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali rushyinguyemo imibiri irenga ibihumbi 250 by'abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Tariki 26 Nzeri 2024 nibwo biteganyijwe ko Ghana izakira u Rwanda mu mukino wo kwishyura uzabera muri Ghana, ubundi igakomeza igana mu gikombe cya Afurika kizabera muri Maroc dore ko amahirwe yo gukomeza ku Rwanda asa n'ayayoyotse.

Abanye-Ghana bunamiye abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 bashyinguye ku Gisozi