Muri Amerika kuva tariki 15 Kamena 2025, hakomeje kubera igikombe cy'Isi cy'amakipe kivuguruye, gusa usibye ikirere gikomeje kugabanya uburyohe bw'iri rushanwa, ibura ry'abafana na ryo rikomeje kuzengereza FIFA na yo yahisemo gutanga amatike y'ubuntu nubwo nabyo bitari gutanga musaruro wifuzwa.
Bimwe mu byabaye muri iki gikombe ku ngingo y'abafana:
Ku mukino wahuje Chelsea na Benfica wa 1/8, FIFA yatanze amatike ane y'ubuntu kuri buri muntu wari witabiriye uyu mukino yo kuzareba umukino wa Inter Milan na Fluminense hagamijwe kuzuza sitade.
Ibi byatumye byibuze abangana n'ibihumbi 25,929, babona aya matike y'ubuntu FIFA yise 'ikimenyetso cy’ishimwe ryacu' (token of our appreciation).
Ku mukino wahuje PSG na Inter Miami wabereye kuri Mercedes Benz Arena muri Atlanta, abafana bahawe amatike abiri y’ubuntu yo kureba Borussia Dortmund na Monterrey.
Nubwo hatanzwe ayo matike, abantu 31,442 gusa ni bo bitabiriye uwo mukino, mu gihe sitade ifite ubushobozi bwo kwakira ibihumbi 71,000.
Ibi byose FIFA yabifatanyaga no gufata abafana bakabegeranya mu gice cyegereye camera za televiziyo zitambutsa amashusho ndetse n'abafotora.
Kuri ubu iyi mikino igiye kwerekeza muri 1/4, hakaba hategerejwe kurebwa ubwitabire uko buzaba buhagaze, ibishyira igitutu ku gikombe cy'Isi cya 2026 Amerika izakira.
Hategerejwe ko mu mikino ya 1/4 abafana baziyongera kuri sitade
Ibura ry'abafana riri gutera impungenge ku gikombe cy'Isi cya 2026
