Fahyma wiyise Fayvanny kubera gukunda umuhanzi Rayvanny ariko bakaza gutandukana nyuma akanga guhindura izina ngo asubire kuri Fahyma yahoranye kuko avugako Rayvanny asobanuye byinshi ku buzima bwe cyane ko bafitanye umwana w’umuhungu.
Uyu munyamideri ubwo yari mu kiganiro n’ikinyamakuru Wasafi Tv Yabajijwe niba yaba agikunda uyu musore uri mu rukundo n’undi mukobwa asubiza ati “Yego ndacyamukunda ndetse cyane". Fayvanny Yabajijwe niba yakongera akabibwira Rayvanny ko akimukunda asubiza ati “Arabiziko mukunda cyane kandi ndabiziko nawe ankunda. Turi inshuti nziza nubwo tutagikundana ariko dufitanye umwana.
Ibi Fayvanny yabitangaje nyuma y'aho Rayvanny agiye mu rukundo rushya n’uwitwa Paula Kajala ariko umuryango w’uyu muhanzi ntumwishimira ukavugako ushakako asubirana na Fayvanny babyaranye umwana w’umuhungu.
