FARDC yigurukije ibyo kurwana na M23 mu mirwano yari yubuye

FARDC yigurukije ibyo kurwana na M23 mu mirwano yari yubuye

 Apr 14, 2023 - 02:13

Ku wa 12 Mata 2023, nibwo hari havuzwe imirwano hagati y'ingabo za Congo FARDC n'umutwe wa M23, ariko byarangiye FARDC ihakanye iby'iyi mirwano.

Ku wa Kabiri tariki 12 Mata 2023, nibwo Bertrand Bisimwa uyobora M23 mu rwego rwa Politike nibwo yatangaje ko ingabo zabo zagabweho ibitero.

Kuri iyi mpamvu, Bisimwa yari yavuze ko ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ryagabye igitero ku barwanyi babo muri Kibumba ubwo bari bamaze gushyikiriza ingabo z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EACRF, ibirindiro bari bahafite.

Ku bw'iyo, imirwano ikaba yaririwe yakajije umurego ku mpande zose zirasa ubudatuza kugera mu rukerera rwo ku wa 13 Mata.

https://thechoicelive.com/umwana-ararira-nyina-ntiyumve-mu-mirwano-ya-m23-na-fardc

Nyamara nubwo M23 yatangazaga ibi, ariko Umuvugizi w’ingabo za Leta mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lieutenant Colonel Guillaume Ndjike Kaiko, ibi M23 yabihakanye.

Uyu muvugizi, yatangaje ko ibyo M23 yatangaje ari ibinyoma, ko ahubwo icyabayeho ari imirwano ya Wazalendo n’abarwanyi b’uyu mutwe witwaje intwaro ku musozi wa Nyindu muri Kibumba.

FARDC yahakanye ibyo ku rwana na M23 kuri uyu wa 12 Mata 

Kuri iyi mpamvu, Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, kivuga ko cyataye muri yombi abarwanyi 59 bo mu ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro ryitwa Wazalendo bagabye igitero kuri M23.

Imitwe ya Wazalendo byavuzwe ko mu minsi yashize ko yifatanya n’ingabo za Leta mu mirwano yazo na M23, ndetse ko yagize uruhare runini mu gutuma iyi ntambara idahagarara.

Magingo aya haribazwa icyo FARDC irakorera aba barwanyi bafashwe mu gihe nabo bafashwa na Leta nk'uko M23 ibitangaza.