Papa wa rutahizamu Erling Haaland witwa Alf Inge yatangaje ko uyu muhungu we ashobora kutarenza imyaka itatu cyangwa ine i Manchester, dore ko mu masezerano ye harimo n'ingingo yo kumurekura.
Mu mpeshyi y'uyu mwaka nibwo Erling Haaland yerekeje muri Manchester City atanzweho miliyoni 51 z'amapawundi, ava muri Borussia Dortmund yari amazemo imyaka ibiri.
Uyu musore yatangiye neza umwaka w'imikino aho amaze gutsinda ibitego 14 mu mikino amaze gukina, bituma abafana n'abayobozi b'iyi kipe bamwishimira ku buryo budasanzwe.
Gusa ibi Erling Haaland ashobora kutabikora imyaka myinshi muri iyi kipe bitewe n'uko ngo yifuza gukina no mu zindi shampiyona zikunzwe i Burayi.
Muri "documentary" yitwa The Big Decision, Alf Inge yagize ati:"Ntekereza ko Haaland ashaka kwerekana ubushobozi bwe muri shampiyona zose. Wenda ashobora kuhaguma[Muri Man.City] imyaka itatu cyangwa ine. Nk'urugero yamaze ibiri n'igice mu Budage, ashobora kumara ibiri n'igice mu Bwongereza, akajya muri Esipanye, Ubutaliyani n'Ubufaransa."
Haaland yifuza gukina muri shampiyona nyinshi (Image:Getty)
Igitegerejwe nukumenya ikipe izagaragaza ko yifuza uyu rutahizamu dore ko mu minsi ishize havugwaga amakipe amwifuza arimo Real Madrid, PSG, FC Barcelona, Bayern Munich n'ayandi.
Alf Inge kandi yemeza ko ayo makipe yari amwe mu mahitamo ya Erling Haaland ariko akongeraho ko ibyo yatangaga byari munsi y'ibyo Manchester City yatangaga.
Yagize ati:"Ku rutonde rwacu, ndatekereza ko Manchester City ariyo irenze ayandi. Bayern Munich ni iya kabiri. Dufite Real Madrid ku mwanya wa gatatu. PSG ku mwanya wa kane."
"Dufite amwe mu makipe yo mu Bwongereza atari Manchester City kandi nayo meza. Chelsea na Liverpool. Ndetse na hari na Barcelona. Ni amakipe yose ari muri uwo mujyo."
Haaland yitezweho gukomeza gutsinda ibitego kuri iki Cyumweru ubwo ikipe ye iraba yakiriye mukeba wayo Manchester United batuye mu mujyi umwe kuri Etihad Stadium.
