Umukino w'u Rwanda na Tanzania wabaye kuri uyu wa Gatatu ubera kuri FUFA Technical Center iherereye Njeru muri Uganda, ahari kubera imikino ya CECAFA y'abatarengeje imyaka 15.
Ni umukino wa kabiri w'amatainda u Rwanda rwari rukinnye, nyuma yo gutsindwa na Zanzibar ibitego 3-0 mu mukino wa mbere, rukaba rwasabwaga byibuze kudatsindwa uyu mukino kugira ngo rugire ikizere cyo kuzarenga amatsinda.
Mbere yo gutangira uyu mukino, hafashwe umunota wo kwibuka uwahoze ari Visi-Perezida wa FUFA(Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru muri Uganda), Darius Ngoye, witabye Imana ku wa Kabiri, tariki 7 Ugushyingo 2023.
Ikipe y'igihugu ya Tanzania yafunguye amazamu ku munota wa 35 ku gitego cyatsinzwe na Peter Arbogasti, nyuma y'umupira wari uhinduwe hakabura uwakiza izamu.
Ku munota wa 48 uyu musore ukiri muto, Peter Arbogasti yongeye gutsindira Tanzania igitego cya kabiri ku ishoti rikomeye yari arekuye, abanyarwanda batangira kubona ko kubona intsinzi uyu munsi bigoye.
U Rwanda rwabonye igitego kimwe cyo kwishyura ku munota wa 89 cyatsinzwe na Niyongabo Patrick ku mupira wavuye muri koruneri abakinnyi ba Tanzania bananirwa gukiza izamu, ariko kubona icya kabiri biba ingorabahizi.
Mu minota itanu y’inyongera, Feisal Juma wa Tanzania yahawe ikarita y’umutuku, ariko n'ubundi umukino urangira Tanzania itsinze u Rwanda ibitego 2-1.
Tariki 11 Ugushyingo 2023 nibwo u Rwanda ruzagaruka mu kibuga rukina na Somalia mu mukino wa nyuma w’amatsinda, ariko bisa naho ntacyo uzaba umaze kuko rwamaze gusezererwa.
Gutsindwa na Tanzania byatumye u Rwanda ruhita rusezererwa

Mbere y'umukino hibutswe Darius Ngoye wari Visi-perezida wa FUFA


