Kuri icyi cyumweru hari hateganyijwe imikino itatu isoza umunsi wa 20 wa shampiyona y'u Rwanda, dore ko indi mikino itanu yari yakinwe ku wa gatandatu.
Umukino wa mbere ukomeye wabereye kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo aho ikipe ya Police FC yari yakiriye AS Kigali, mu mukino watangiye saa 15:00.
Ni umukino ukomeye ariko utahawe agaciro kanini kuko amakipe yombi bigaragara ko yavuye mu makipe ahataniye igikombe cya shampiyona muri uyu mwaka w'imikino wa 2021-2022 kuko zirushwa amanota menshi n'ikipe ya mbere.
Ikipe ya Police FC yakinnye cyane igice cya mbere ndetse Usengimana Danny agenda ahusha ibitego binyuranye, ariko yaje kwikosora ku munota wa 39 arekura ishoti rikomeye nyuma ya kufura yari imaze guterwa na Sibomana Abouba, ubundi Police FC ibona igitego cya mbere.
AS Kigali yaje kwishyura igitego ku munota wa 48 kuri penariti yatewe na Shaban Hussein, penariti yari ikorewe kuri Niyibizi Ramadhan ubundi amakipe yombi atangira gushaka igitego cy'intsinzi.
Gusa uyu mukino warangiye aya makipe yombi anganyije igitego kimwe kuri kimwe ubundi buri umwe acyura inota rimwe.
Undi mukino wari utegerejwe cyane ni umukino wabereye mu karere ka Ngoma aho ikipe ya Rayon Sports yari yasuye ikipe ya Etoile de L'Est irikurwana no kutamanuka kuko nayo iri mu makipe atatu ya nyuma.
Rayon Sports yabonye igitego ku munota wa 71 gitsinzwe na kapiteni Muhire Kevin kuri penariri yari ikorewe Nizigiyimana Karim Mackenzie ukina inyuma ku ruhande rw'iburyo.
Gusa ubwo umukino waganaga ku musozo abafana ba Rayon Sports batekereza ko batahanye amanota atatu nibwo Etoile de L'Est yabonye igitego cyo kwishyura cyatsinzwe na Samuel Chukwudi Nwosu.
Uyu mukino nawo wahise urangira amakipe yombi anganyije igitego kimwe kuri kimwe, ubundi Rayon Sports ikomeza kubona ko iby'igikombe cya shampiyona muri uyu mwaka ari ibidashoboka.
Ikipe yabashije kubona amanota atatu kuri uyu munsi ni ikipe ya Etincelles yari yakiriye Espoir FC i Rubavu. Etincelles yatsinze ibitego 2-0 ibasha kubona amanota atatu ndetse ikomeza kujya kure y'amakipe amanuka mu kiciro cya kabiri.
Abakinnyi Police FC yari yabanje mu kibuga(Image:instagram @policefcrwanda)
Abakinnyi AS Kigali yabanje mu kibuga(Image:instagram @fcaskigali)
Uko urutonde rwa shampiyona ruhagaze nyuma y'umunsi wa 20
