Rayon Sports yongeye kwirukanisha umutoza wa AS Kigali

Rayon Sports yongeye kwirukanisha umutoza wa AS Kigali

 Apr 25, 2022 - 04:02

Nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports, ubuyobozi bwa AS Kigali bwafashe umwanzuro wo kwirukana abatoza babiri b'abagande bari bafite iyi kipe.

Tariki 19 Ukuboza 2021 nibwo ubuyobozi bwa AS Kigali bwafashe umwanzuro wo kwirukana umutoza Eric Nshimiyimana na Mutarambirwa Djabil, nyuma y'uko bari bamaze gutsindwa ibitego 2-1 na Rayon Sports ku munsi wa kenda wa shampiyona.

Iyi kipe yafashwe na Jimmy Mulisa by'agateganyo ariko nyuma bitangazwa ko umugande Mike Mutebi ariwe wahawe gutoza iyi kipe akaba yari kumwe n'umwungiririza we Jackson Mayanja.

Aba bagabo nabo kubaka igitinyiro muri iyi kipe y'abanyamujyi byaranze bakomeza gutakaza amanota bya hato na hato, dore ko nko mu mikino icumi iheruka batsinzemo imikino itatu gusa.

Mike Mutebi(uri ibumoso) na Jackson Mayanja(uri iburyo) birukanwe

Nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports igitego kimwe ku busa ku munsi wa 24 wa shampiyona, ubuyobozi bwa AS Kigali bwafashe umwanzuro wo kwirukana aba batoza bayo babiri aribo Mike Mutebi na Jackson Mayanja, basimbuzwa umunyarwanda Casa Mbungo Andre nawe uherutse kwirukanwa muri Bandari FC yo muri Kenya.

Igikombe cya shampiyona cyo cyamaze kuva mu byo AS Kigali ishobora guhatanira muri uyu mwaka w'imikino, ariko Casa Mbungo ashobora gufasha iyi kipe kwegukana igikombe cy'amahoro ahereye kuri Gasogi United barakina muri 1/4 kuri uyu wa kabiri.

Cassa Mbungo Andre yagizwe umutoza wa AS Kigali(Net-photo)