Kuri ubu, ikipe ya Wydad Athletic Club yo muri Morocco iri mu mushinga ukomeye wo kugabanya umubare w’abakinnyi b’abanyamahanga, hagamijwe kuzuza ibisabwa n’amategeko ya shampiyona y’icyiciro cya mbere (Botola Pro), aho buri kipe yemerewe gukinisha abakinnyi 5 bonyine b'abanyamahanga.
Uyu mushinga uje nyuma y’uko isoje irushanwa ry’Igikombe cy’Isi cy’ama-club, aho Wydad yakoresheje abakinnyi 8 b’abanyamahanga, barimo:
• Selemani Mwalimu (Tanzania)
• Guilherme Ferreira
• Bart Meijers
• Mickaël Malsa
• Samuel Obeng
• Stephane Aziz Ki
• Pedrinho
• Arthur
Mu gihe iyi gahunda yo kugabanya abanyamahanga ikomeje, amakuru yizewe ava imbere muri iyi kipe aravuga ko Stephane Aziz Ki, umukinnyi wo hagati ukomoka muri Côte d’Ivoire, ari mu ba mbere bashobora kwerekwa umuryango. Ibi biratangazwa n’abari hafi y’umutoza mukuru wa Wydad, bavuga ko atigeze anyurwa n’uruhare rwa Aziz Ki mu mikino aheruka.
Igitangaje ni uko Aziz Ki yari amaze igihe gito cyane kitageze no ku mezi abiri asinyiye iyi kipe aho yagizwe akayabo ka miliyoni 1 y’amadolari ya Amerika (arenga miliyari 1.3 Frw). Ibyari byitezwe ku mukinnyi wari uzwiho ubuhanga bukomeye mu kibuga hagati, bisa n’ibitangiye kuzimangana.
Undi mukinnyi uvugwa mu bashobora kuva muri gahunda y’ikipe ni Thembinkosi Lorch, uri muri Wydad nk’intizanyo. Biravugwa ko ashobora koherezwa ahandi, kugira ngo hatangwe umwanya ku bandi bashya.
Ku rundi ruhande, Selemani Mwalimu, umukinnyi ukiri muto w’imunya-Tanzania, we barateganya kumujyana mu ikipe y’abato ya Wydad, aho azakomeza gutozwa no gutegurwa mu rwego rwo guteza imbere impano ye.
Uyu mushinga wa Wydad ushobora kuza guhindura isura y’ikipe mu gihe cya vuba, cyane ko abanyamahanga bari bagize igice kinini cy’ingenzi mu mikino yayo. Hasigaye kurebwa uko ubuyobozi buzarangiza izi mpinduka bitabangamiye ubwitange n’ubushobozi bw’ikipe ku rwego mpuzamahanga.
Aziz Ki ari mu bakinnyi bashobora kuva mu ikipe ya Wydad Casablanca
Aziz Ki ntabwo yishimiwe n'umutoza wa Wydad Casablanca
