"Umukino wa mbere wa Cristiano Ronaldo  wanteje ibibazo" - Sir Alex Ferguson avuga iza rya Cristiano

"Umukino wa mbere wa Cristiano Ronaldo wanteje ibibazo" - Sir Alex Ferguson avuga iza rya Cristiano

 Dec 18, 2021 - 07:21

Cristiano yakinnye umukino wa mbere muri Manchester United mu 2003, abafana bahita babwira Ferguson ko agomba kubanzamo ku mukino ukurikira.

Uwahoze ari umutoza wa Manchester United, Sir Alex Ferguson yavuze ukuntu mu 2003 ubwo Cristiano yakinaga umukino wa mbere muri Manchester United byamuteje ibibazo byo kwibaza uko azamwicaza mu mikino ikurikira.

Cristiano ronaldo yari afite imyaka 18 gusa ubwo yahabwaga iminota 30 gusa mu mukino wahuzaga Manchester United na Bolton Wanderers muri Kanama 2003.

Muri iyo minota Ronaldo yarigaragaje ku buryo yasize abafana batangariye uwo mwana muto ndetse abandi bagasaba ko yazabanzamo mu mukino wari gukurikira ndetse na Sir Alex Ferguson asigara abyibazaho.

Sir Alex Ferguson yemeza ko Cristiano yitwaye neza muri uwo mukino, ndetse ko yari abizi ko hari abaza gusaba ko uyu musore yazabanza mu kibuga mu mukino ukurikira.

Sir Alex yagize ati:"Ndibuka ubwo twarimo tuganira (kuri Cristiano), nagombaga kwemeza umu-agent we, ntago yari gukina imikino yose.

"Ariko niba ari mwiza cyane, sinamuhagarika. Buri gihe ukinisha abakinnyi beza cyane kurusha abandi.

"Ku mukino wa mbere utangira umwaka w'imikino, yari umusimbura. Yaje mu kibuga akora neza. Abafana barabikunze cyane.

"Icyibazo cyabaye:Namutangiza umukino ukurukira cyangwa mugire umusimbura? Icyo cyari icyibazo gikomeye cyane."

Kuri uwo mukino Cristiano Ronaldo yinjiye mu kibuga Manchester United ifite igitego kimwe ariko umukino warangiye itsinze ibitego 4-0 aho Ryan Giggs, Paul Scholes na Ruud van Nistelrooy batsinze ibyo bitego.

Gusa ibi ntibyatumye Sir Alex abanza Cristiano Ronaldo mu kibuga mu mukino ukurikira uko umukino batsinzemo Newcastle United ibitego 2-1, Cristiano yaje mu basimbura.

Ku kibuga St James' Park cya Newcastle, Cristiano Ronaldo yinjiye mu kibuga hasigaye iminota 13 aho yari asimbuye Rutahizamu Ole Gunnar Solskjaer.

Uyu munya-Portugal yabanje mu kibuga umukino wa mbere ku mukino wabaye tariki 27 Kanama mu 2003 aho Manchester United yatsinze Wolverhampton igitego 1-0.

Muri iki kiganiro Cristiano Ronaldo yari yicaranye na Sir Alex Ferguson, Cristiano nawe yavuze ukuntu yisanze muri Manchester United yarimo abakinnyi b'ibikomerezwa ari muto.

Ronaldo yagize ati:"Ibintu byose yambwiye (Sir Alex) yarabinkoreye.

"Ni ibintu bikomeye. Tekereza ku myaka 18 ukava muri Sporting ukagera muri Manchester United, ukinana n'ibyamamare - Giggs,Scholes,Roy Keane,Solskjaer - Narimfitemo ubwoba. Ariko yaramfashije cyane binyuze mu kuvugana.

"Yashoboraga kumpamagara mu biro bye hamwe n'umusemuzi. Icyari ingenzi ni uko yambwiye ibintu byamfashije gukura nk'umuntu ndetse n'umukinnyi. Kandi guhera ku munsi wa mbere ibyo yambwiye yarabikoze. Ndabimushimira cyane.

"Mpora mbivuga, yari nka Data mu mupira w'amaguru. Mushimira ibyo yankoreye, ibyo yakoreye umuryango wange ndetse cyane cyane ku ikipe. Yakoze akazi gatangaje."

Guhera kuri uwo mukino Cristiano Ronaldo yakomerejeho akora amateka akomeye muri Ruhago. Yatwaye champions league zigera kuri eshanu ndetse aba rutahizamu w'akayaraboneka.

Yavuye muri Manchester United yerekeza muri Real Madrid mu 2009, Iyi kipe ayivamo mu 2018 yerekeza muri Juventus. Iyi Juventus kandi yayivuyemo muri uyu mwaka agaruka muri Manchester United.

Sir Alex Ferguson yazanye Cristiano Ronaldo muri Man.United mu 2003(Image:Daily mail)

Cristiano Ronaldo yabaye umunyabigwi wa Manchester United(Net-photo)