Nk'uko bigaragara mu nyandiko y'urubanza The Choice Live ifitiye kopi, uru rubanza rwaciwe tariki 12 Gashyantare 2025 mu rukiko rwa 'Maricopa Country Justice'.
Ni urubanza rwabaye nyuma y'uko uwitwa 'Irene Basil Maseveriyo' utuye muri Amerika atanze ikirego asaba ko bamusohorera Bad Rama mu nzu ye yamukodeshaga, bitewe n'uko yanze kumwishyura umwenda w'ubukode bw'amafaranga 6,900 by'amadorari.
Bad Rama kandi yategetswe kwishyura iri deni ryose ry'ubukode bw'inzu arimo Basil.
Ku munsi w'ejo nibwo Bad Rama yashyize hanze amashusho avuga ko uyu Basil yamwambuye ibihumbi 30 by'amadorari, ndetse agashaka kumufungisha akoresheje impapuro mpimbano.
Bad Rama yavuze ko yahisemo kubivuga akoresheje imbuga nkoranyambaga ze, kuko yisanze ari gusiragizwa mu manza.
