Nyuma y'uko Thibaut Courtois akuyemo penariti ya Lionel Messi bakina na PSG, uyu muzamu yasobanuye ukuntu yamenye uruhande uyu munya-Argentine yari guteramo umupira.
PSG yaraye intsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa kimwe cy'umunani cya UEFA champions league, ku gitego kimwe cyatsinzwe na Kylian Mbappe mu minota ya nyuma y'umukino.
Ariko PSG yabonye amahirwe yo kuyobora umukino kare ubwo Dani Carvajal yakoreye ikosa Kylian Mbappe bagatanga penariti, ariko iyi penariti Messi yaje kuyihusha kuko Thibaut Courtois yayikuyemo.
Nyuma y'uyu mukino uyu mubirigi Thibaut Courtois yasobanuye neza ko yize kuri Lionel Messi yitonze mbere y'uko bahura.
Courtois yabwiye BT sport ati:"Atera penariti nyinshi mu mwaka w'imikino ubwo rero byagorana gukeka iburyo. Ariko yarase nkeya muri urwo ruhande[iburyo], ubwo rero byagaragaraga ko agiye gutera ibumoso.
"Wenda hagati, yatsinze imwe bakina na Leipzig, ubwo rero navuze nti'turajya ibumoso' kandi nayikuyemo neza."
N'ubwo Thibaut Courtois yari yarokoye ikipe ye ariko byarangiye batsinzwe uyu mukino ku gitego kimwe cya Kylian Mbappe cyaje mu minota y'inyongera.
Umukino wo kwishyura uteganyijwe tariki 09 Werurwe 2022, ukaba uzabera i Santiago Bernabeu ku kibuga cya Real Madrid muri Espagne, ubundi hakamenyekana ikipe ikomeza muri kimwe cya kane cya UEFA champions league umwaka wa 2021-2022.
Courtois avuga ko yabibonaga ko Messi atera ibumoso(Image:Reuters)
Thibaut Courtois yakuyemo penariti ya Messi(Net-photo)

