Ni ikirego cyatanzwe kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Nyakanga 2025, aho bavuga ko Candace Owens yakoze ibikorwa bihoraho byo kubasebya kugira ngo azamure izina rye mu itangazamakuru, yongere abamukurikira ndetse aninjize amafaranga.
Mu mwaka 2024, uyu munyamakuru yavuze ko azi neza ko Brigitte Macron yihinduje igitsina (ko yahoze ari umugabo), yongeraho ko niba atari byo abamukurira abemereye ko bamutera icyizere.
Perezida Macron n’umugore we basabye uyu munyamakuru gusaba imbabazi mu byo yatangazaga, ariko we arabikomeza ndetse yakoze ikiganiro cyari gifite ibice umunani yise "Becoming Brigitte" abicisha kuri Podcast ye.
Mu myaka yashize, umugore wa Macron yakunze kuvugwaho ibihuha ko ari umugabo, ariko Owens akaba ari we wabishyize ku rwego rwo hejuru muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Abandi bagore bakomeye muri politiki barimo nka Michelle Obama na Kamala Harris nabo bagiye bavugwaho ibihuha nk’ibi mu bihe bitandukanye.
Si ubwa mbere Macron n’umugore we batanze ikirego bashinja abantu kubasebya, kuko no mu minsi itambutse bareze abagore babiri bo mu Bufaransa nabo bazira kuvuga ko Brigitte ari umugabo. Baje guhamwa n’icyaha ariko urukiko ruvanaho ikirego, Brigitte Macron akaba yarajuriye.
Umunyamakuru akaba n'umusesenguzi mu bya Politiki Candace Owens warezwe n'umuryango wa Macron
Emmanuel Macron n'umugore we bakunze kugarugwaho cyane mu itangazamakuru
