Nyuma yuko Simba Sports Club itandukanye n’uwari umutoza wayo mukuru Didier Gomez Da Rosa igakomeza gutozwa n’umutoza wungirije Thiery Hitimana ubu yamaze kubona umutoza mushya.
Simba Sports Club yo muri Tanzania yamaze gutangaza ko ubu umutoza wayo mushya ari Pablo Franco Martín.
Uyu mutoza Pablo Franco w’imyaka 41 ni umutoza ukomoka muri Espane akaba yaratoje amakipe akomeye muri Espane harimo Real Madrid yatojemo ari umutoza wungirije mu mwaka 2018.
Uyu mutoza kandi yanatoje amakipe arimo Getafe B na Getafe fc yo muri Espane.
Simba Sports Club yasimbuje Didier Gomez Da Rosa, ubu iratozwa na Pablo Franco
