Ni abakinnyi benshi bakomeye ku mugabane w'i Burayi bafite amasezerano ari kugana ku musozo mu makipe yabo aho abenshi bazarangizanya n'uyu mwaka w'imikino uzarangira mu mpeshyi ya 2022.
Muri abo bakinnyi harimo myugariro w'umudage ukinira Chelsea witwa Antonio Rudiger. Uyu mugabo ikipe ikomeye avugwamo ni Real Madrid bivugwa ko yiteguye guhita imufata mu gihe yaba asoje amasezerano ye.
Inkuru dukesha igitangazamakuru kitwa ABC, iravuga ko ibyo Real Madrid yaba yabivuyemo kuko umu-agent wa Antonio Rudiger yaba ari gusaba ko bamuha miliyoni 20 z'amayelo zingana na miliyoni 17 z'amapawundi kandi iyi kipe ikaba ititeguye kuyatanga.
Ikindi ni uko ikipe ya Real Madrid ibona ko ubwugarizi bwa David Alaba na Eder Militao buri gukora neza cyane bakabona ko nta mamvu yo gutanga ayo mafaranga yose.
Eder Militao arenda kongererwa amasezerano y'imyaka 5 muri Real Madrid ndetse barapanga kuba bagura myugariro ukiri muto utazatwara amafaranga menshi nka Rudiger.
Ku rundi ruhande amakuru ava mu Budage avuga ko mukeba wa Chelsea ariwe Manchester United yaba ari gucungira hafi ibya Antonio Rudiger ngo amurahe mu kwa gatandatu amasezerano ye muri Chelsea akirangira.
Hari amakuru avuga ko Chelsea yaba yarateguye amasezerano ya Antonio Rudiger aho bateganya kujya bamuhemba ibihumbi 140 by'amapawundi ku cyumweru ariko uruhande rwa Rudiger ntibabyumva kuko bashaka umushahara uri hejuru byigeze no kuvugwa ko bifuza ibihumbi 400.
Ibi rero bikaba bikomeje kuba inkuru nziza ku ikipe nka Manchester United ikomeje kuvugwaho kwifuza uyu mudage w'imyaka 28 akaba akomeje kutumvikana na Chelsea.
Gusa n'ubwo Manchester United yakwishimira ko Real Madrid yabivuyemo, Si yo gusa yaba isigaye imushaka kuko Bayern Munich y'iwabo mu Budage nayo imwifuza ku buryo bukomeye cyane.
Si Bayern Munich gusa kandi kuko hari na Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa nayo bivugwa ko inwifuza cyane. PSG iherutse kuzana Sergio Ramos utarahiriwe kuko ahorana imvune, iramutse ibonye Antonio Rudiger ntiyayigwa nabi.
Antonio Rudiger akomeje kuba inkingi ya mwamba mu bwugarizi bwa Thomas Tuchel kuva yagera muri Chelsea dore ko banatwaye UEFA champions league ariwe myugariro ngenderwaho.
Amasezerano ya Antonio Rudiger ari kugana ku musozo(Image:Football London)
Amafaranga umu-agent wa Rudiger ari gusaba yatumye Real Madrid ibivamo(Net-photo)
Real Madrid yashimye ubwugarizi bwa Eder Militao na David Alaba(Image:Football Espana)
