Ikipe ya Uganda yizeye gutsindira Amavubi i Kigali

Ikipe ya Uganda yizeye gutsindira Amavubi i Kigali

 Oct 6, 2021 - 02:51

Umutoza Milutin Sredojevic Micho yatangaje ko bifuza gutsinda u Rwanda imikino ibiri bazahuramo kugirango bakomeze guhatana na.

Umutoza  mukuru w'ikipe y'igihugu ya Uganda Milutin Sredojevic Micho aganira  n'itangazamakuru yatangaje ko bizeye gutsinda u Rwanda imikino yombi yo gushaka itike y’igikombe cy’isi muri Quatar 2022. Avuga ko abakinnyi be urwego bariho rubemerera gutsindira i Kigali na Kitende aho bazakinira imikino yombi kuri 07/10/2021 na 10/10/2021. Yagize ati: "Turi turi gutegura neza kugirango turebeko twagira umusaruro  mwiza mu minsi iri imbere ubwo tuzaba duhura n'u Rwanda ku buryo twarutsindira iwabo n’aha murugo". Yakomeje avuga ati”Abasore bacu bifitemo kwitanga, ishyaka, umurava kandi bafite inyota yo gushimisha abanyagihugu ba Uganda rero twizeye gutsinda iyo mikino uko ari ibiri.

Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Uganda Aucho Khalid yunze mu ry’umutoza we ati :"Tugomba gutsinda uyu mukino inshoro 2". Iyi kipe ya uganda yamaze gusesekara I kigali aho Micho yitwaje abakinnyi 25 baje guhangana n’Amavubi.