Tayilande yatangaje umubare w'abamaze kuburirwa ubuzima mu ntambara  ibahanganishije  na Kambodiya

Tayilande yatangaje umubare w'abamaze kuburirwa ubuzima mu ntambara ibahanganishije na Kambodiya

 Jul 25, 2025 - 03:35

Igihugu cya Tayilande cyatangaje ko abantu 12 aribo bamaze kuburira ubuzima mu mirwano iri kubahuza n'igihugu cya Kambodiya guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 24 Nyakanga 2025.

Ni imirwano iri kubera mu duce tw'imipaka ihuza ibi bihugu byombi, aho abaturage barenga ibihumbi 40 ku ruhande rwa Tayilande bamaze guhungishwa intambara.

Ibihugu byombi birigarama kuba nyirabayazana y'itangira ry'imirwano. Tayilande ivuga ko yatangijwe na Kambodiya igihe yoherezaga indege zayo zitagira abapiloti gucungira hafi ingabo za Tayilande ku mupaka.

Kambodiya yo ivuga ko abasirikare ba Tayilande aribo batangije imirwano, ubwo binjiraga hafi y’urusengero rwa 'Khmer-Hindu' ruturanye n’umupaka barenze ku byumvikanweho.

Tayilande na Kambodiya bapfa iki?

Ibi bihuhu byombi bifitanye ibibazo bijyanye n'imipaka kuva mu myaka 100 ishize, ubwo Ubufaransa bwari muri aka gace bugaca imipaka.

Mu mwaka 2008, umwuka wabaye mubi cyane ubwo Kambodiya yashatse kwandikisha rumwe mu nsengero rwubatswe mu kinyeja cya 11 mu murage w'Isi wa UNESCO.

Nyuma hagiye habaho imirwano ya hato na hato, aho abasirikare n’abasivili b’impande zombi bagiye bicwa.

Muri Gicurasi ya 2025 umusirikare wa Kambodiya yarishwe mu mirwano idakanganye yabayeho, ibyakomeje umwuka mubi kuruta ikindi gihe cyose cyabayeho mu myaka 10 yaherukaga.

Ibihugu byombi biritana bamwana kuwatangije imirwano

Ibihugu byombi byashyize umubare munini w'abasirikare ku mupaka