She-Amavubi yandagarijwe mu rugo n'abamikazi birabura ba Ghana

She-Amavubi yandagarijwe mu rugo n'abamikazi birabura ba Ghana

 Sep 20, 2023 - 21:08

Ikipe y'igihugu y'u Rwanda mu bari n'abategarugori yogeweho uburimiro n'ikipe y'igihugu ya Ghana mu mukino wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo kuri Kigali Pele Stadium hari hateganyijwe umukino ubanza hagati y'ikipe y'igihugu Amavubi y'abari n'abategarugori na Ghana, mu gushaka itike y'igikombe cy'Afurika kizaba mu 2024.

Ni umukino She-Amavubi yajemo nyuma yo gukina imikino ibiri ya gicuti n'ikipe y'igihugu y'u Burundi, aho yose banganyije 1-1 haba mu mukino wabereye i Bugesera n'uwabereye kuri Kigali Pele Stadium.

Mu mukino w'uyu munsi ntabwo She-Amavubi yigeze ihabwa umwanya wo guhumeka kuko ku munota wa 3 gusa Doris Boaduwa yari amaze gufungura amazamu ku ruhande rwa Ghana, ndetse bidatinze ku munota wa 9 Evelyn Badu agashyiramo igitego cya kabiri.

Ku munota wa 28 nibwo Princella Adoubea yashyizemo igitego cya gatatu cya Ghana, igice cya mbere kirinda kirangira gutya amakipe yombi ajya kuruhuka.

Mu gihe ikizere cyo kubona amanota kuri uyu mukino cyari kimaze kuyoyoka ku banyarwanda, icyari gisigaye cyari kwirinda kunyagirwa n'iyi kipe itazirwa abamikazi birabura, ariko nabyo ntibyashobotse.

Bakiva kuruhuka ku munota wa 53 Alice Kusi yashyizemo igitego cya kane cya Ghana, cyaje gikurikirana n'icya gatanu cyatsinzwe na Evelyn Badu ku munota wa 65, kikaba ari icya kabiri yari atsinze muri uyu mukino.

Anasthesia Achia nawe yaje ari icyago ku ikipe y'igihugu y'u Rwanda, ku munota wa 76 ashyiramo icya gatandatu ndetse ku munota wa 81 ashyiramo n'icya karindwi ari nacyo cyasoje umukino.

Ku wa Kabiri w'icyumweru gitaha tariki 26 Nzeri 2023, nibwo hateganyijwe umukino wo kwishyura uzabera muri Ghana.

Ghana yanyagiriye u Rwanda i Kigali

U Rwanda rwabuze ibisubizo imbere ya Ghana