Ubundi abakurikira shampiyona y'Ubwongereza bavuga ko amakipe y'amakeba akomeye mu iki gihugu ari Manchester United na Liverpool dore ko ari nayo ayingayingana mu gutwara ibikombe byinshi bya shampiyona.
Gusa n'ubwo bimeze gutya ntibyabujije Jurgen Klopp utoza Liverpool kwifuriza isabukuru nziza Sir Alex Ferguson umunyabigwi w'ibihe byose wa Manchester United.
Uyu munya-Scotland yujuje imyaka 80 kuri uyu wa Gatanu mu mpera z'umwaka wa 2021 ndetse abantu batandukanye babarizwa mu isi ya ruhago bagiye bamwifuriza isabukuru nziza.
Ikipe ya Manchester United na Liverpool babaye abakeba b'igihe kirekire mu gihe Manchester United yatozwaga na Sir Alex Ferguson.
Mu 1990 ubwo Liverpool yatwaraga igikombe cya 18 cya shampiyona byayisabye gutegereza imyaka 30 ngo yongere gutwara igikombe cya shampiyona mu gihe muri iyo myaka Manchester United ya Sir Alex Ferguson yatwayemo ibikombe bya shampiyona 13.
Jurgen Klopp niwe waje muri Liverpool ashyira akadomo kuri iyo myaka myinshi iyi kipe yari imaze itegereje igikombe cya shampiyona.
Mu kiganiro Jurgen Klopp yahaye Sky sports kuri uyu wa Gatanu yagize ati:"Ndabizi ko uyu munsi ari isabukuru ya Sir Alex Ferguson, ubwo rero isabukuru nziza kuri Sir Alex, ni umuntu ukomeye cyane.
"Ndetse n'umwungiriza wange Pete Krawietz yujuje imyaka 50, ubwo rero ni ubundi bwenge bunini bwa ruhago bwagize isabukuru y'amavuko."
Si Jurgen Klopp gusa kandi wifurije Sir Alex Ferguson isabukuru nziza y'amavuko kuko umuzamu David De Gea na rutahizamu Robin Van Persi bose batojwe n'uyu mugabo bamwifurije isabukuru nziza bakoresheje imbuga nkoranyambaga.
David De Gea yanditse ati:"Isabukuru nziza y'imyaka 80 kuri Sir Alex Ferguson."
Naho Robin Van Persi arandika ati:"Isabukuru nziza y'imyaka 80 kuri Sir Alex Ferguson!Ndakwifuriza ibyishimo n'ubuzima bwiza mu 2022, komeza utekane ndetse umere neza."
Bruno Fernandes ukina mu kibuga hagati muri Manchester United, nawe yagiye kuri twitter arandika ati:"Isabukuru nziza Sir Alex! Umunyabigwi ukiriho wa Manchester United, ishusho y'isi y'umupira w'amaguru."
Ku mugoroba wo ku wa Kane ubwo Manchester United yatsindaga ikipe ya Burnley ibitego 3-1, abafana ba Manchester United barambuye igitambaro kinini bifuriza Sir Alex Ferguson isabukuru nziza yari kugira ku munsi ukurikiyeho ndetse bigaragara mu maso ye ko byamushimishije.
Sir Alex Ferguson yatwaye ibikombe bitandukanye ariko ibikombe 13 bya shampiyona y'Ubwongereza ndetse n'ibikombe 2 bya UEFA champions league yatwaye nibyo bituma izina rye riza imbere mu batoza babayeho bakomeye ku isi.
Sir Alex Ferguson yatwaye ibikombe byinshi muri Manchester United(Image:UEFA twitter)
Jurgen Klopp yifurije Sir Alex isabukuru nziza(Image:Sky sports)
Robin Van Persi nawe yifurije Sir Alex Ferguson isabukuru nziza(Image:Mirror)
