Ku wa Mbere tariki 16 Gicurasi 2022 nibwo ikipe ya Rwanda Energy Group Basketball Club yageze i Kigali iturutse Instanbul muri Turukiya, mu myiteguro y’imikino ya nyuma y’irushanwa nyafurika rya Africa Basketball League rizwi nka BAL, rizabera muri Kigali Arena kuva tariki ya 21 -28 Gicurasi 2022.
REG BBC yerekeje muri Turukiya tariki 7 Gicurasi 2022, aho yakinnye imikino ya gicuti itatu, itsindamo ibiri, itsindwa umwe. Yitwaye neza mu mukino wa Mbere itsinda ikipe y’igihugu ya Kuwait, amanota 77 kuri 67, wabaye tariki 10 Gicurasi 2022.
Mu mukino wa Kabiri, ikipe ya REG BBC yatsinzwe n’ikipe y’igihugu ya Bahrain amanota 74 kuri 65, wabaye tariki 11 Gicurasi 2022. Ni mu gihe yasoje gahunda y’iyi mikino ya gicuti itsinda ikipe y’igihugu ya Qatar amanota 89 kuri 53, mu mukino wabaye tariki 12 Gicurasi 2022.
REG BBC yabonye itike ya 1/4 muri BAL nyuma yo kuba aba mbere mu mikino y'amatsinda bitwayemo neza, aho bari mu itsinda rya Sahara Conference.
Mu kurushaho kandi kwitegura iyi mikino mu bakinnyi REG BBC yari ifite yongeyemo umukinnyi Abdoulaye N'Doye ukomoka muri Senegal, ndetse na Kenneth Gasana ukinira u Rwanda, akaba agiye no gukina BAL ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, kuko umwaka wa 2021 yari muri Patriots BBC yari ihagarariye u Rwanda.
Ikipe ya REG BBC izatangira ihura na FAP yo muri Cameroon, umukino uzaba ku wa gatandatu tariki 21 Gicurasi 2022.



