Tariki 25 z'ukwezi kwa 12 twita Ukuboza mu Kinyarwanda ni umunsi abakirisitu bizihizaho Noheli ishushanya ivuka ry'umwami Yesu waje gupfira abantu ngo akize ubugingo bwabo.
Mu Rwanda kimwe n'ahandi ku isi naho abantu bari babukereye bajya gusenga ndetse ari nako basangira n'iniryango yabo banishimira ko umwaka wa 2021 uri kugana ku musozo.
Mu ikipe ya Rayon Sports naho ntibatanzwe kuko kuri uyu wa Gatanu perezida w'iyi kipe witwa Uwayezu jean Fidele yakiriye abakinnyi n'abandi bagize iyi kipe bagasangira kuri uyu munsi nk'umuryango wa Rayon Sports bivuze ko bo bayizihije mbere.
Ubwo bahuraga hari abakinnyi batari bahari harimo Willy Esombe Onana, Blaise Nishimwe na Olivier Kwizera bafite Ibibazo by’uburwayi, na Mackenzie uheruka gupfusha mukuru we.
Ni ibirori byabereye mu Karere ka Bugesera Ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki ya 24 Ukuboza. Mu gitondo ikipe yari yabanje gukora imyitozo mu Nzove bitegura umukino w’umunsi wa 11 bazasuramo Gicumbi FC.
Abakinnyi bagiye bafata umwanya bakagira icyo bavuga kuri iki gikorwa bagahuriza ku kugishima kuko atari kenshi bibaho ko umuyobozi w'ikipe yakwicarana n'abakinnyi bagasangira ku munsi nk'uyu.
Abakinnyi kandi ba Rayon Sports bahereye ko bavuga ko intego ari gutwara igikombe cya shampiyona muri uyu mwaka w'imikino wa 2021-2022.
Kuri ubu ikipe ya Rayon Sports iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 18 irushwa amanota 5 na kiyovu sports iri ku mwanya wa mbere n’amanota 23 ndetse ikarushwa amanota 2 na APR FC iri ku mwanya wa kabiri n'amanota 20.
Uwayezu jean Fidele yambaye ingofero(Image:Rwanda Magazine)
Umutoza Romami uri gutoza Rayon Sports by'agateganyo(Image:Rwanda magazine)
Muhire Kevin na Youssef Rharb(Image:Rwanda magazine)



