Shampiyona yagarutse Rayon Sports yibohora ingoyi ya Marine FC, Mukura na Kiyovu zikubitirwa iwazo

Shampiyona yagarutse Rayon Sports yibohora ingoyi ya Marine FC, Mukura na Kiyovu zikubitirwa iwazo

 Oct 1, 2022 - 13:05

Nyuma y'ibyumweru bibiri shampiyona y'ikiciro cya mbere mu Rwanda isubitswe, yagarutse amakipe yesurana.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 01 Ukwakira 2022, shampiyona y'ikiciro cya mbere mu Rwanda yashbukuwe nyuma y'ibyumweru bibiri idakinwa kubera imikino y'amakipe y'ibihugu.

Kuri uyu munsi habaye imikino ine y'umunsi wa kane yabereye mu bice bitandukanye, bigaragara ko kuri uyu munsi amakipe yari iwayo atari yorohewe.

Kuri sitade Kamena i Huye, ikipe ya Mukura Victory Sports yari yakiriye umukino wa mbere kuva shampiyona yatangira, aho bari bakiriye ikipe ya Gorilla FC. 

Ni umukino ikipe ya Mukura itigeze ihabwa umwanya wo kwinjira mu mukino kuko Gorilla FC yatsinze igitego cya mbere ku munota wa 11 gitsinzwe na rutahizamu Mohamed Bobo Camara, ndetse agahita atsinda icya kabiri ku munota wa 17.

Mukura yakomeje guterwa umupira usukuye inanirwa kwishyura barinda bajya kuruhuka ari ibitego bibiri bya Gorilla ku busa bwa Mukura. Bavuye kuruhuka Mukura yahise yishyura igitego kimwe cyatsinzwe na Kamanzi Aschraf ku mupura uremereye yateye, umuzamu Yves akarwana nawo ariko ukajya mu izamu.

Mu gihe Mukura Victory Sports yageragezaga kwishyura igitego cya kabiri, Gorilla FC yahise itsinda igitego cya gatatu ku munota wa 58 nabwo gitsinzwe na rutahizamu Camara.

Mukura yagerageje kugaruka mu mukino ihabwa penariti ku munota wa 77 ku ikosa ryari rikorewe Hassan Djibrine Akuki. Iyi penariti yatewe neza na Muhoza Tresor, bihita biba ibitego bibiri bya Mukura kuri bitatu bya Gorilla ari nako umukino warangiye.

Undi mukino wari utegerejwe cyane ni umukino wabereye i Rubavu aho Marine FC yari yakiriye Rayon Sports ikunze kugora cyane. Abafana ba Rayon Sports bari barahiriye gutsinda iyi kipe bo bita murumuna wa APR FC.

Ibitego bitatu bya Rayon Sports nibyo byayihaye intsinzi kuri bibiri bya Marine FC muri uyu mukino wari indya nkurye. Ibitego bya Rayon Sports byatsinzwe na Essomba Willy Onana watsinze ibitego bibiri, na Mbirizi Eric watsinze kimwe. Ni mu gihe Marine FC yatsindiwe na Mugisha Desire weretswe ikarita itukura ku munota wa 39 ndetse na Gitego Arthur.

Rayon Sports yihimuye kuri Marine yari imaze iminsi iyitsinda(Image:Rayon Sports)

Ikipe ya Kiyovu Sports imaze iminsi mu kavuyo bitewe n'ibibazo bitandukanye, nayo yari yakiriye Sunrise mu mukino wabereye i Nyamirambo. Kiyovu Sports yaje kubabazwa na rutabizamu wayinyuzemo ariwe Samson Babua watsinze igitego ku munota wa 41, na Hassan Mubilu watsinze ku munota wa 61.

Kiyovu Sports yabonye igitego cy'impozamarira cyatsinzwe na Elisa Ssekisambu ku munota wa 70 kuri penariti, umukino urangira Kiyovu Sports itsinzwe ibitego 2-1.

Undi mukino wabaye ni uwa Bugesera yatsinze Etincelles ibitego 3-1, indi mikino ine ikaba iraba kuri iki cyumweru.

Imikino iteganyijwe

15:00: Musanze FC Vs Espoir

15:00: Rutsiro FC Vs AS Kigali

15:00: Rwamagana City Vs APR FC

15:00: Police FC Vs Gasogi United