Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu nibwo Bruno Taifa n'umuryango we bafashe rutemikirere berekeza muri Leta zunze ubumwe za America aho bagiye gutura.
Hari hashize iminsi mike ubuyobozi bwa Fine FM yakoreraga butangaje ko ikiganiro "Urukiko rw'ubujurire" cyabaye gihagaze, amakuru akavuga ko impamvu aruko abanyamakuru bagikoraga bagiye kwerekeza mu mahanga.
Kugeza kuri uyu Bruno Taifa niwe ubaye uwa mbere muri abo banyamakuru ugiye, ariko andi makuru avuga ko Horaho Axel nawe arafata rutemikirere mu minsi iri imbere akerekeza muri America.
Kalisa Bruno Taifa ajyanye n’umufasha we basanzwe babana Ingabire Yvette bakaba barakoze muri Nyakanga 2019, ni nyuma y’imyaka 6 bakundana.
Bruno Taifa yajyanye n'umuryango we
Bivugwa ko aba yaragiye kera ariko abanza kugorwa no kugira ibyangombwa bimwe na bimwe abona, muri uku kwezi kwa Mata 2022 nibwo yabibonye byose na we ahita ategura urugendo rwe.
Kalisa Bruno Taifa ni umwe mu banyamakuru b’imikino bari barirambyemo aho yakoreye ibitangazamakuru bitandukanye birimo Contact FM, City Radio, BTN TV, Radio 10 na Fine FM
Mu bakoraga urukiko rw'ubujurire hazasigara Sam Karenzi(wambaye ishatiy'umukara)
View this post on Instagram
