Sidney Govou umufaransa w'imyaka 42 wabaye rutahizamu wa Lyon n'ikipe y'igihugu y'Ubufaransa ari mu Rwanda, ndetse biravugwa ko hari abakinnyi ba APR FC ashobora gufasha kujya gukina hanze.
Ibi byagarutsweho cyane ubwo Govou yagaragaraga ari kumwe na Mupenzi Eto'o ushinzwe igura n’igurisha ry’abakinnyi muri APR FC.
Mupenzi yatangaje ko Sidney Govou ari mu Rwanda ku mpamvu ze bwite, ariko anemeza ko hari abakinnyi ashobora gufasha kujya gukina hanze.
Aganira na Igihe Mupenzi yagize ati:"Yaje muri gahunda ze gusura u Rwanda, ariko kubera ko tuziranye turahura tuvugana ku bijyanye n’abakinnyi ba APR ashobora gufasha."
Sidney Govou yakiniye Olympique Lyonnais imyaka 10, hagati ya 2000 na 2010, ayikinira imikino 292 atsindamo ibitego 49. Kuri ubu ari mu bashinzwe kuyishakira abakinnyi hirya no hino ku Isi.
Yatangiye guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’Ubufaransa mu 2002, ayikinira imyaka umunani kugeza mu 2010 aho yakinnye imikino 49 akabasha gutsinda ibitego 10.
Uyu mugabo kandi yakiniye andi makipe nka Panathinaikos yo mu Bugereki, Evian na Limonest zo mu Bufaransa ndetse na FC Miami City yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Sidney Govou[uri iburyo] yagaragaye ari kumwe na Mupenzi Eto'o(Image:Igihe)
